"NASANZE NTA HANDI WABONA INYUNGU NK'IYO RNIT-ITERAMBERE FUND ITANGA". Mr. Moise Nkundabarashi
Vložit
- čas přidán 18. 04. 2024
- Mr. Moise Nkundabarashi, ni umwe mu banyamuryango bashoye imari yabo mu ikigega RNIT-Iterambere Fund. avuga ko akurikije ubushakashatsi yabanje gukora mbere yuko atangira kwizigamira muri RNIT-Iterambere Fund nta handi yabonye bamuhaga inyungu ingana niyo mu Iterambere Fund, by'akarusho kandi yishimira ko amafaranga yashoye muri RNIT- Iterambere Fund amufasha kugira uruhare mu iterambere ry'igihugu cye.
Wawuu murasobanutse.Gusa a ejo heza byaba byiza ihinduye imikorere ikajya itanga inyungu Kandi umuntu ashobora kubikuza .impamvu isomo twarariboye bivuye kuri TAT ad STT.kwizigama nibyiza ariko iyo bigufasha kubaho neza bitagombye gutegereza igihe kirekire nibura mumezi atatu ukaba wemerewe kubikuza inyungu.Murakoze.Ni Eugene Dusabimana Gakenke.
Urakoze Eugene Dusabimana, Mu kigega rnit-iterambere fund ho wemerewe kubikuza igihe icyaricyo cyose ubonye ukeneye amafaranga n'inyungu yagize. Murakoze
Aha ni ok!
Mwiriwe neza
Nitwa olive Niyigena ndi umunyamigabane wa RNit iterambere found nifuzaga ko mwashyiraho urubuga like nka group watsapp umuntu ufite ikibazo akabona uko abaza murakoze
Mwaramutse? urakoze ku gitekerezo uduhaye, turi kwiga uko twakoresha whatsApp tuzabamenyesha. ariko ushaka ubufasha waduhamagara kuri 0787900207 cg ukanyura kuri social media zose za rnit turagufasha. Murakoze
Aha bikora bite?
@@aumwali3426 urabyikorera ukoresheje telephone yawe, icyo bisaba ni ukwiyandikisha unyuze kuri *589# ugakurikiza amabwiriza, ugatangira KWIZIGAMIRA. kubindi bisobanuro wa duhamagara kuri 0787900207, murakoze.
Muraho neza. Iyi *589# ndabona idakora. Ihita iba application down
Mwiriweho? yego bijya bibaho. mwakongera mukagerageza ariko mu kagerageza kwihuta iyo mwandika (urungero: nomero y'irangamuntu) Murakoze
cg Mukaduhamagara kuri 0787900207 tukabafasha kwiyandikisha. Murakoze
Muraho ? Nabazaga umuntu ahera kuri Angahe yi Tegenyiriza.... Ayo musaba kugirango umuntu Abe umunyamuryango ??
Muraho? Kwizigamira mu kigega rnit-iterambere fund bihera ku mafaranga 2000 Frw gusa, kuba umunyamuryango byo icyo bisaba nu kwiyandikisha gusa (unyuze kuri *589# cg www.shora.rnit.rw) hanyuma ugatagira kwizigamira. Murakoze
Umuntu nibura abikuza hashize igihe kingana iki?
Babikuza gute?
@@byukusengejoseline5423 Iyo ukeneye kubikuza unyura kuri www.rnit.rw ukuzuza fomu iriho yitwa ''GUSABA KUBIKUZA" ukayohereza, cg ukaza aho dukorera mu mugi munyubako ya cogebank munzu ya 6 tukagufasha. Murakoze
Ariko muzige uburyo mutakata amafaranga mugihe umuntu ari kwizigamira.
Murakoze.