NATEGUYE UBUKWE UMUSORE ANDYA CASH ARIGENDERA😥Na PAPA yahise ankura mu bana be|PARADIS aragukeneye
Vložit
- čas přidán 20. 02. 2022
- Niba wifuza kuvugana na ISIMBI TV, kuduha ubuhamya bw'ubuzima bwawe cyangwa inkuru idasanzwe, duhamagare kuri +250784838126
#IsimbiTV_0784838126
Leila Paradis: +250 788 392 243
"le linge sale se lave en famille" Ujye ugira abantu inama yo kubanza kunyuza ibibazo nk'ibi mu muryango.
"le linge sale se lave en famille" Ujye ugira abantu kubanza kunyuza ibibazo nk'ibi mu muryango.
Wakwicecekeye koko shuguri zohanzaha ziracyatuma imiryango yumvana
@@leonardhabiyaremye7519 ubwo se uramushigikiye cyangwa nuwundi muzigo umuteretse kubitugu? Askyi!!!!!!
Arheeee!!!! Ceceka wambura mutima we!!!!
@@leonardhabiyaremye7519 ivugire! Ubundi c abantu Bose bagira famille? Cg famille z,ubu ziracyumvikana?
Yewe koko mu kinyarwanda baca umugani ngo “ impfizi irabyara ariko ntivumera” Uzi icyo bisobanuye bijyanye n’iyi nkuru ampe like!!!! Leila komera, umuryango wabuzemo urukundo nawo utwimisha umugisha!
Unva ma cherie papa niba yarakwanze hari umu papa ,yitwa Christo Yesu musange niwe wenyine wakomora akogahinda ufite ukabohoka kuko yagucunguje amarasoye kumusalaba igorogota yarakumbambiwe kugira ngo ubohoke ,mwizere gusa ,umwakire aze mubugingo bwawe ,ma cherie agukize aguhe agakiza ndagusaba fone yawe nzabigufashemo niho nkibona inkuru zawe nkunva ko haricyo nagufasha
Oya rwose papa wa Paradis yarababaye ariko ntiyamwanze,ibaze umuntu wamwohererezaga ayinzu?paradi yarababaye ariko rwose papa mwimuveba pe
Ariko Sabin, tuzakurahe aba bahungu n abagabo,n abagore bahemukiye aba batumirwa bacu ngo nabo baduhe ama version yabo. Kuko mba numba nabo bafite za depression na trauma. Imana iduhane umugisha
Arewe abagabo nkabo se badafite umutima wakimuntu bazatwigishiki
Nta kibabaza mu buzima nko gukunda umuntu nyuma ugasanga ari umutekamutwe, umutubuzi n umujura 💔💔💔😭😭😭 ikintu nyamukuru gituma umusore agushushanya aba yabonye ko washyushye urukundo rukugurumanamo. Akabona umubuze wapfa. Ikibi kirenze ni ukwishora ku muntu noneho wamuvumbuye ko ari mubi. Gusa ibibaho byose iyo bitakwishe biragukiza. Bituma ugira imbaraga zo kutazongera kugwa mu mutego nk uwo. Humura Leila Uwiteka akubereye maso, uzabona umugabo mwiza ugukwiriye kandi uzamenya agaciro ufite akanakubaha. God bless you abundantly 🙏🙏🙏
😢😢😢abatekamukwe nibo buzuye umuntu kukubeshya urukundo akagutwara nibyawe nigikomere kidakira 😡😡😡
@@treasurerango4308 uravuga ukuri rwose, Imana niyo yo gutabara abayo!!!
Leila, Humura hejuru y'imibabaro duhurira nayo kuri iyi si, hari igihe cyo guhozwa, iki kiganiro biba ngombwa ko nkisuniramo 3 kugirango numve neza uburemere bw'ibibazo wanyuzemo, kubeshywa n'uwo wakunze ukamwimariramo, Nyuma ukangwa n'Umubyeyi wakubyaye😥😪😭, Arko se nka muka So we waje m'Umuryango utarashatse kuba ruvumwa ngo ace Umuryango, abure n'URUHARE RWE NA RUTO? Mbega isi? Benshi twabayeho tudafite imiryango ubu twarakuze, turabagabo bafite ikizere cy'unuzima bw'ejo hazaza, Tuza ujye ufata akanya wumve indirimbo za Gospel, ntukamare umwanya uri ahantu hawenyine, iyo ndwara nzi benshi bayirwaye bagakira nawe uzakira humura, n'ubwo umutima wababaye💝, hakaba hari byinshi biwurwaniramo, ejo uzakira❤️, Turagukunda.
@@johnsonuwimana3469 iryo jambo ni rizima rifite imbaraga zo komora inguma n ibikomere. Ibyo uvuze ni ukuri pe, igihe gito ibi biraba ari amateka kuri Leila kandi Imana ntizamuhana na hato. Igihe gikwiriye kigeze Imana iduha ibirushijeho kuba byiza. Imana ikomeze ikwishimire kandi ikubere maso!!!
Sha najye nuko byagenze rwose umusore yarambeshye ngo urukundo dukora umushinga ngo Ari kubaka , amafaranga arayarya nyuma anyita umusazi ngo Nta mafaranga namuhaye kdi yarambeshye ngo maman we arwaye cancer muhe amafaranga ibaze yanga ko mpura na family ye 🤦 , Sha we amafaranga nakoreye 2021 niwe wayariye yose 🥺 nyuma arambwira ngo nari kumuha amafaranga duhuriye he , tugura iki !? Sha abasore we ... Nukuri Imana izahane abafitiye imico mibi 💔
Ooohhh God😭😭imitima myinshi iraremerewe peee!! Abaremerewe mwese mukaze isengesho" Iman' irumva🙏🙏🙏
Pole mamy nanje yambayeho ndavyara umuryango uranyanga .ubu haheze igihe nariyubatse ubu barankunda vya hatari .Ico noguhanura icambere wihe imbabazi,ica kabiri abakwanse bose ubahe imbabazi hama ubuzima bubandanye Imana izogufasha.kandi sorry ndazi kandi ndatahura ingene umutima wawe ubabaye.lmana ikomore.
Ngusabiye imbabazi papa ndagusabye Bavaria umwana yego yarakosheje ariko ko yagusabye imbabazi mubabarire rwose Kandi imana izakongerera umugisha uyu mwana arababaye
Umva Leilla, Papa wawe ntabwo yakwanze buriya aracyari muri Deuil. Bigaragara KO yagukundaga cyane agufiteho pretentions nyinshi hanyuma azibuze agasa nuhungabanye. Uwo mwana wawe kumwakira ntibipfa gukunda ako kanya kuko amufata NK uwatumye ibyo byose bibaho(deplacement). Kandi amubonano uwo mugabo wakwangije. Ariko humura bizarangira. Keep approaching other family members ubakunde nawe azakwakira. Imana ibibafashemo
I Icyaguha gukora ukiteza imbere
Kuba yaragutaye ukamwihorera
Ugashaka lmana
Umuntu numuntu
Papa wawe muveho Shaka lmana azakugarukira
Cga nawe isi izamwigisha
😭😭😭Fille Mère Imana ijye idukomeze kumunsi mubi
Courage ma soeur ! La vie continue
Paradis , dore uri muto kdi uri mwiza, witonde ntihagire abasore baza kugukururukaho bitwaje kuguhoza amarira, hato bataguteza ibindi bibazo! Take your time, wiyiteho, wikunde ukunde n,umwana wawe, ibindi lmana lzabikora! Kdi humura kugera kure siko gupfa 🙏
Yooooo wewe uru muntu nwiza umugiriye inama
@@antoinettempaimana2724 Niko bimeze muvandimwe! Merci .
Thx chr kumugira inama nkiyo nabonye byeze
yatanze nr ni ukumureka 2 weeks ka watsapp kakamugeraho!
@@uwerajuliet780 bonjour! You are welcome! Yeah bireze, akari hanze hano ntago koroshye!!
I can feel your pain dear,but stay strong ukomeze usenge umubyeyi azakubabarira Kandi your very strong woman byose bizakunda🙏
Papa waw numugome.yarongoye umugore azana umwana WE mwebwe abana biwe arabasohora!!!!ndumiwe neza pe!!!mwihoze wite kumwana wawe nokur wew.Imana izokugirira neza ikindi usenge cane
We are the same age but I have 3years old sun, we have the same story. sinzi igihe aya marira turira azashira narinziko arinjye wiheba nkashaka kwiyambura ubuzima ariko turi benshi. Be strong dear, Imana niyo yonyine dukwiye guhanga amaso. Be strong
Bakobwa mwige gukoresha protection , bizabarinda kwishyira mubibazo bitaringombwa, mwige ubwenge kandi mufate responsibility ya poor decisions mubamwagize, ibyo nikobimeze. Ababyeyi banyu ntibashinzwe kubarerera kuko mwabyariye murugo, babikoze nubushake bwabo ariko ntibari obligated .
@@kalizashema5415 Reka nubahe your opinion ark ubutaha jya ubanza utekereze neza
@@naomieumwiza ukuri kuraryana ariko niwomuti uzana ibisubizo my dear! Mukomere , mwihangane ariko ibyobyose mubivanemo inyigisho zitazatuma musubirabmuribyo bibazo. Good luck
Be strong young mama, you got this ❤❤
Pole kabisa ariko ico je navuga kuri souffrances urimwo zirasanzwe kubishikira d'autres filles, mpere kuri ww rero ntusubire kwiyanga ngo ushak kwiyahura ivyo nibisanzwe... Guma uri strong naho situation yoba degradée gum uhagaz niko bimez kwisi. Papa il est toujours ton meilleur ami niba vyaranse kwakuvugisha urabandanya wew ishavu rizohera mwongere mube inshuti urazoba warabaye wararush ariko bizokunda. Ntusubire kwikeba cank kurya imiti rinda... Senga Kora sports numurimo ushoboye wukore wihe amahoro
Arko abahungu bo mu Rwanda bamwe n'a bamwe bigize ba himemu nezaa nezaa😬😬gusa papa wawe nawe ntiiyakubereye umubyeyi pee
Jyewe sindi umukire ariko ngiye kugufashisha akantu nibura 50.000 fr ngiye kureba ukuntu najya nyakohereza buri kwezi. Abandi niba mwanfasha mukamuhereza icyo kureresha umwana ni mumpe like
God bless you. nange nzajya mufasha uko nshoboye.
Ugize neza Imana igukubire inshuro igihumbi ibyo wiyemeje aho bizajya biva hajye hajya ibindi .imigisha myinshii niyo ngusabiye
@@umunezerojanviere5250 Amen! Nawe lmana lguhe Umugisha 🙏
@@umunezerojanviere5250 none se amazina ye yose waba uyazi?
Oya ntabwo nyazi nuko nabonye wamwemereye ubufasha ariko ubwo urahamagara numero bayishyizeho
Papa Paradis, wowe ko urugo rwakunaniye ugatandukana na maman wa Paradis, kucyi uri gucira umwana wawe urwo gupfa kandi ibyamubayeho bisa n'ibyakubayeho! mubabarire kuko nkuko yabivuze ntawiyifuriza ikibi! kandi buriya ntawumeya aho bwira umuntu ageze, wasanga ejo nawe uzamukenera! bibaho cyaane! ca inkoni izamba umubabarire! she is your blood!
Kabisa! Sha ngewe ndatutswe! Jya muri commentaire nanditse kuri papa wa paradis urebe ibyo uwitwa : Ukurokwose imahanga ambwiye! Aravuze ngo uretse umuntu wicuruje niwe wagirira imbabazi uyu mukobwa.... Antukiye ubusa pe!💔💔💔💔💔
@@auxy9583 disi wababaye.pole sana.tujye twishyira mu cyimbo cya buri umwe.burya buri wese agira intambara n'ibikomere bye.turangwe n'impuhwe
@@auxy9583 erega arabeshya abatamuzi kandi ntamenye ko itangazamakuru ligera hose ubu se ntiyanze kwiga Bali bamwishyuliye ahubwo ashaka gusanga umugabo Bali kumwe ubu witwa jihadi
Kandi ntakuvuga ngo wakoze ibyo ushoboye byose kuko umubyeyi ntarangiza gutega amatwi abana be. Kandi kuyabatega bituma ubohoka kuri byinshi byubuzima. Nimwebwe ababyeyi. Ntabwo mwakwemera ko umuryango utatana kubera impamvu iyari yo yose.
1. Utandukanye na ntina wabana
2. Urongoye undi ufite umwana
3. Umukobwa wawe arabyaye,
4. Wanze kwemera umwuzukuru
Ubwo wamubyeyi we!!! Wakwicaye hasi ugasaba Imana ikaguha inzira yubuzima igororotse. Inzira irimwo kwihangana, gukundana no gukora inshingano zumubyeyi
@@mutra9711 wowe mbere yociraho iteka papa we jya karuruma uramenya paradis nuvayo ujye Ku gisozi haruguru ya cafe uramenya uwo mukobwa neza maze ujye na beretwali uramusobanukirwa nushaka umbwire nguhe number za mutwarasibo wabo agusobanulire ububi bwa paradis ,ubaze mutwarasibo ko se atohereza ibihumbi 200000/ by a buli keezi. Kandi akayatungangamo umugabo we jihadi. Numwana we ubwo koko hali uko umubyeyi aba atakoze mujye mushyira mu gaciro
Mpore mwiza we. 💗 Ndakwikundiye, wabaye intwari kutemera kwihambira ku muntu par peur yo gu sauva honneur y'umuryango. Your own happiness matters too, so good for you for choosing yourself!
Courage cyane! ❤️
I can feel what you re experiencing now. 😫 Sorry btfl girl. Don't panic Isimbi is true family 🥰❤️
Sha ndumva duhuje ibyo urikuvuga ndumvarinjye byabayeho gusa Jyusenga Imana ikiza ibikomere
Umubabaro, agahinda k' umuntu ni ntakorwaho kandi ntawe ukagereranya n' ikindi kintu icyaricyo cyose...uyu mwana kumutuka ,kumuvugiraho amagambo apfuye , kumwita amazina mabi nta bumuntu burimo, nta bupfura, nta burere....udafite ikintu cyiza cyo kubwira umuntu nkuyu jya wicecekera, kuko iyo asomye comment yawe mbi iramusonga ..plz kindness is free!
Impole mukobwa mwiza, Imana izaguha ayandi mahirwe uzaba umuntu ukomeye, uzakira ibikomere.Papa yakwiye gushima Imana ko yamukijije umukwe udashobotse
Mana weeeee ark nigiki gikura urukundo rwumwana n'umuvyeyi koko😭😭😭? Kuki mutagirimpuhwe zabana banyu ? Iyo dépression mutera abana banyu muzabimenya mubusaza bwanyu 🤗 be strong Kana Keza Imana ikube hafi igikomeze
Ariko ababyeyi biki gihe twabaye dute? Ubu se umwana w'uwo mugore yashatse we ko ari kumurera wenda ntiyavutse nk'uwo uwo mukobwa we? Amaraso ntajya aba amazi uwo Uta niwe uzakenera ko akurundarunda igihe nawe bizagucanga. Stroke, cancer etc byabaye byinshi kd ntibihitamo . Gira neza wigendere mubyeyi.
Numvishe papa wawe nawe yarazanye undi mugore ufite abandi bana, bimeze nkaho Abana biwe yibyariye yabibagiwe , ni akumiro,
Nyine umugabo yabwiye umugore we ati,ntundateho abana ntaho batabyara! Imana ijye ibabarira abatware b'ingo kuko ntibyoroshye
Nibyo Koko ubugabo subutumbi cg imyaka Njyewe phite urugo umugabo nabana2 am 24yrs umugabo wanjye afite 26yrs but niwe mugabo mwiza nabonye mubo mbona Bose kuko he is a real A man Impamvu mbivuze abakobwa rimwe na rimwe mwibeshya kubagabo ngo Niko babarusha imyaka ariko mumyukuri njyushishoza urebe neza undashukwa nimyaka cg igihagararo am sorry niba haruwo nkomerekeje
Ese ubwo uwo musaza( papa wawe) yarayobewe nta mubyeyi ucutsa? Cg umugani uvuga ngo ubyaye ishyano araryonsa yari atarawumva aho ucibwa? Ubundi c uretse nta n,Inka wari waciye amabere,... Ubwo yararebaga agasanga wowe wari wiyanze? Sha uwo mubyeyi ubanza ataziko kwitwa umubyeyi Ari inshingano , umubyeyi agomba gufata mu Bibi no mu byiza! Sha umuntu yiyangira umwuzukuru? Uwo mubyeyi lmana lmubabarire 🙏
Numvise ngo ntamugabo ubyara
Ubwose atari uwicuruje wumva yabyumva nkawe gute, tekereza ari umwana wahaye uburere atavukiye mu buraya(terera iyooo), tekereza niba umwana we yatinyaga kubimubwira...kubabaza uwawe nubwo waba utabishatse...ntibyoroshye...wavutse nabi ntiwabyumva ariko ikibazo si wowe ahubwo umva abandi...uwanjye nabyumva ariko byambabaza.
@@HairHeaven-SmartGagdets1415 gusa ndabona unantutse kdi ngewe ibyo navuze birumvikana! Sinaterana amagambo nawe kuko ntacyo naba nkurushije , sinkuzi , gusa ndakugaye cyane! Nta buraya navukiyemo, navukiye ku babyeyi bafitanye isezerano, ndi umwana wa 4 mu muryango! ...urantutse peeee! Kdi n,abana bavukiye mu buraya nabo bafite ijambo kabisa. Naho kuvuga ko uwakumva uyu mukobwa Ari uwicuruje...ubwo impundu zavuga ku bicuruje kuko ndumva waba ushatse kuvuga ko aribo basigaranye umutima wa ki muntu! Ahubwo aya magambo yawe atarimo uburere ndabona wagirango wigeze kubaho umwana w,umuhanda!
@@musoniemmanuel7735 arabyara! None c umugore arifata akitera inda? Sinjya numva se no mu mategeko bavuga ngo umwana ni uw,umugabo? Gusa ngewe, mbona umwana Ari uw, ababyeyi bombi!
@@auxy9583 mu kinyarwanda umwana w'igicucu ni uwa nyina .umwana uz'ubwenge agatera ishema se.Imitima yacu si imwe .
Abagabo ngewe baranyobeyeee, wagirango ntakintu baba bapfana na bana babo , yaba abitwa ngo niba Dada, yaba abo tubyarira nukubihorera umuntu akimenya n' Imana akakwagura
Tugusabiye imbabazi papa wawe, papa mubabarire duciye bugufi umubabarire 🙏🙏🙏🙏
Ariko ubundi amubanarire yamutwayiki iyaba abantu Bose bari bafite umubyeyi nkawe uwambaye ikirezi ntamenyako kera umuntu umusore wambere araje muriye udufarangatwe yarariye amajoro aragiye ufashe nundi nawe mutacyasangira imitungo ya so warangizamgo waratereranyw ahubwo mbona ibyakubayeyo byose na diomed ntasomo byagisigiye ushatse washyira agapira hasi leila urambabaje ibintu papa wawe yagukoreye nubu akibikora sinakekako wakora ibibintu uzicare wigaye
Ubwo se aho gusaba imbambazi kwa papa wawe wakwibaririye and then move on dear, some people they don't feel your pain 💔
Sabin Imana ijye iguha umugisha tv yawe ituma benshi baruhuka imitima,abandi bagahindurirwa ubuzima bajya mubwiza BE BLESSED
😭😭 Yesuu wee komera Paradis. Uwiteka akomeze akurinde kandi akumpere imigisha. Humura ntabwo iminsi ihora ari mibi, nkwifurije ko ibihe bihinduka ukagarukana amashimwe🙏🏽🤗
Paradis impamvu ucyibabara cyane nuko utaribabarira ubwawe.
Ikintu ugomba gukora nanone nukujya kureba inzobere mumitekerereze bazagufasha gusubira kumurongo.ugomba kwikunda kdi ukigirira ikizere.Nyagasani ushobora byose aguhe imbaraga kdi ujye ubimwereka niwe ugukunda wenyine abandi barahinduka.
Haba harimo na Destin ariko abakobwa nabo avance ibakoraho buri gihe.abakobwa bagabanye gutanga avance kuko nibo Bishyura pe,niyo mubanye ugasanga ntakubaha yishyiramo ko uryamana n,abagabo Bose CG akajya agucyurira Ngo uroroshye( Uri facile a draguer)
Ayiweeee sha pole sana agacherie keza. Abagabo ba batekamitwe babaho cyane. Njyewe hari uwantekeye imitwe ngo akora muri ministry y'ubucuruzi. Hhhahhaaa. Sha nubwo bitoroshye kuri ikigihe kwirinda kuryamana n'umuntu mutararushinga ariko birafasha kuko iyo umenye amanyanga ye uramureka ariko iyo mwaryamanye noneho unatwite ntayindi choice uba ufite uretse kwihambira. Pole mama ikitakwishe kirakwigisha. Uwo mugabo yarafite uburwayi bita mythomania. Ni indwara yo kubeshya .
Yoôooo. Papa wawe nakubabarire nace inkoni izamba nk'umubyeyi. Niyibuke ko hari ababuze urubyaro ariko we uwe arimo kumutererana.
Mama ni ingaruka zo kubyara abana batazwi sha. Abakobwa twaragowe. Ahasigaye ni ahacu ho kwirinda. Amaguru nyamara ni ukuyabumba, iyo mari iteza ibibazo rwose harageze ngo ifatirwe icyemezo. Mumbabarire koko bakobwa beza mwihangane mwifate mwifate cg mufate icyemezo. Ababyeyi bacu ntibadutuma kubyara nta n’inshingano zo kuturerera bafite twihangane. Dufate amasomo. Mumbabarire ndabinginze urukundo ntirugatume umanika amaguru 😭😭😭
Imana yanjye 🙊 ndababaye cyane sinarinashoje ikiganiro ndagishoje kirandijije umwana twabanye koko ndababaye kbs ariko ndaguzura vuba humura nturiwenyine kibonda naranagukundaga twaraburanye ndumva nishinjije kuba ntarakomeje kugushaka ngo dukomeze kuba tuvugana mbabarira ndumva mbabaye cyane
Paradis please please senga, Yesu ni Papa wacu udukunda kuruta ab isi ni umugabo uruta abandi gerageza usenge umusabe ko yakwiyereka. Mbabarira ntiwongere kwiheba ngo ugere aho kwikata. Komera Yesu ni Byose kubamugannye. Incuti umugabo umubyeyi udatenguha.
Inkuru nkizawe ziri mubantu benshi abakobwa twaragowe pe gusa Komera mukobwa mwiza ikiza waribarutse kdi uzabaho Imana itananirwa gutabara abandi nawe igutabare igucire inzira igukomeze iguhe imbaraga zoguca mubyo urimo
Humura chr uruwagaciro kandi umwana wawe numugisha bihe igihe umurwanire ishyaka un jour uzabibona nzaguhamagara in box tuvugane.merci Sabin
Your sweet little girl mama.
May God protect you more
Pole sana!
Hari impamvu byakubayeho! Ariko umubyeyi utababarira nabwo aba ari gito. Intambwe yawe wayigezeho.
Laila Paradis,take a heart dear ♥ I know you're hurting but remember tough times never last...though tough people do last...you're worthy to be loved and your loved...
Paradis, nabaye indondogozi! Reka nkubwire! Sha ntuziyahure! Sigaho , umwana wawe aragukeneye, wimugira imfubyi, muhe amahirwe yo gukura afite uwo yita Maman, ujya kumutwita nta ruhare yabigizemo, rero sigaho kugira uruhare mu kumugira imfubyi! Namara gukura , mubasha kuganira, azakumara ishavu n,umubabaro! Uwiteka lmana Abane naw muvandimwe 🙏
Ufite inama nziza cyane ariko ashobora kutazibona kubera ubwinshi bwama comments rero fata iriya number ye bashyizeho uzamuhamagare umuganirize cg umwandikireho
@@onlygodknowsall776 bonjour! numéro ye nayifashe déjà. Merci
Ihangane gusa ubabarire mama wawe uko yabakaniraga anabakubita cyane yari afite ibikomere bya papa wawe bigaragara ko yari yaragowe niba papa wawe atakugirira impuhwe yarakubyaye urumva nyoko uko yari amerewe! Imiryango iraremerewe!
Ndababaye cyane. Mubyeyi (Papa wa Leira), nubwo umwana yahuye n'uwamubeshye urukundo, yemewe amakosa yoseee, nayo atagizemo uruhare arayemeye. Ca inkoni izamba, mubabarire rwose. Tumusabiye imbabazi.
Papa yaragukundaga ni uko wamubabaje. Abana b'abakobwa mujye mumenya ubwenge cyane. Abahungu turi imbwa cyane. Rwose mumenye ubwenge pe.
Be strong baby girl for your baby, you have a good life a head
Iyi signe yo kwikeba ni depression imaze kurenga.... ntanubwo we abimenya ko yabyikoze. Nimutabare uyu mwana abamuli hafi plz!
Nibyo rwose ni dépression imaze kugera kure, kandi nadatabarwa azashyirwa yiyahuye. Muri ibi bihugu byamahanga duhura nizi ngero. Akeneye abize ibyihungabana nagahinda gakabije.
Uzajye kwa muganga uvura mu mutwe.Bakuvure anxiety na depression.Otherwise bazakujyanayo byakomeye.Nta muntu utababarirwa.Babyeyi dukeneye kujijuka.Imana izaguhire mukobwa mwiza
It’s a shame the pain she has suffered and yet they are people she loves all around!! How much pain can one endure and not break! 😞
Ko utavuze fr 600 papa. Wawe yaguhaye ujya kubyara ,reka gusebya umubyeyi ntako atakugize
Please don’t argue with someone that needs her life save $600 is not worth loose a child! Am sure.
Umbabarire ubusanze sinkunda kwandika kuri social media . Ndi umubyeyi . Inkuru yawe yankoze ahantu niyo mpamvu nkugira iyi nama: fata ingamba yo kwikunda uracyari muto you have a bright future. Uwo musaza mwihorere n.imfubyi zibaho. Naho mama mu kubakanira si ukubanga yakoraga wenyine uko ashoboye ngo abarinde icyabangiriza ubuzima. Ibyakubayeho nta ruhare abifitemo. Bishoboka ko nawe yari aremerewe ku ruhande rwe.
Muri iyi minsi abana bahura n.ibibazo by.inzitane ahanini ziturutse ku babyeyi batarabasabye ku babyara. Bigaterwa ahanini n.ubusambo ubwibone butewe n.umurengwe bakibagirwa Imana bakimika inda nini ubusambanyi bakibagirwa impano ikomeye yitwa umwana. Humura humura haracyariho ibyiringiro. Ce qui ne te tue pas te rend forte. COURAGE COURAGE KD AMAHIRWE MASA
Pore sana.Bakobwa beza ndabinginze twiyubahe ntabintu byo kwiha abahungu tutarabana batera inda bakatwihakana😭😭 Tanga imbabazi mubyeyi turakwinginze kw,isi nta marayika🙏🙏
Bakobwa mwe. Muze duhaguruke ducane kumaso kuko abasore b'ikigihe ndabona barimo kutubabaza imitima
😭😭😭😭😭😭😭 aba atumye nibuka mbyinshi
Sha ihangane gusa ntiwumve ko hari igikuba cyacitse abatekamutwe babaho. Papa wawe nawe ni umubyeyi gusa imyumvire y ino iwacu iragoye ariko abantu bari bakwiye kubirenga kuko personne n est parfait. Wewe ibereho kandi papa waww nakomeza kunangira umutima ntacyo uzaba utarakoze hazaba hasigaye ahe na data wo mw ijuru wewe uzaba umwere. Songa mbele👌👌👌👌
Komera Maman , Hejuru ya byose hari Imana. Humura uzahozwa ndabyizeye
Shaka abakozi b'Imana bagusengere mu Mana niho hari ubuhungiroHari nigihe byaba byaratewe namarozi ngo basigaye baroga umwiryane,nicyangiro birakarangira umuntu yiyahuye
Impore Paradis Imana ni Umubyeyi humura kandi imbere ni heza.humura nturi wenyine 🙏🙏💔
You made right decision. Keep strong 💪. A number of people have gone through whatever you experienced. And timing is best lesson. But I love how you narrate the story😇😍🥰😅😅😆😁😁🤣 you are just an amazing girl😆😁😁😁. Daddy should forgive you and I don’t blame you at all.
I just wish I can help out. My ex girlfriend did it and she could have died if I never rushed her to the hospital for neutralizing them. I would guess that you never did the same!
Mpore Ma'am komera 💔💔💔💔💞💞💞
Ndikukumva pe ! Gusa ihangane cyane senga wige kubana nibikomere byawe ejo Ni heza kora cyane ureke kureba kubantu so umwibagirwe byiteka
Pole sana mama, Imana ishobora byose izakomore ibikomere wakoze , ihangane Kandi ukomere usenge wizere Imana izahindura ubuzima bwawe
Uwiteka azakomore muvandimwe,isi yabaye mbi mama,ariko dufite Imana ibera hose icyarimwe
Isi iraregana abantu bamwe nabamwe babaye babi
Very strong laddy, humura mama kdi wirinde uzashaka neza wubake kdi uzaryoherwa ntarirarenga rwose, komera Leila.
Pole mama...vieux wawe ntamutima afite nukuri....Imana umubabarire.
Imana izagufashe cyane mwese, dabasegera cyane mwese.
Sabin,shakira uwo mubyeyi psychologist/psychiatrist amufashe hakiri kare.Uko kwikebesha urwembe ni "self mutalation" nizo paracetamol yanyonye ni "attempted suicide" bivuze ko ari "depressed" bikabije.Indi nama namugira nuko yashaka inshuti ya Papa we akamuhuza nawe akamubera "mediator".Yamaza kumenya ko yahemukiye umuryango,arabyicuza anabisabira imbabazi.Jye ndumva kuri we yarakoze ibyo agomba gukora murwego rwo gushaka "reconcilliation" numuryango we.Ahasigaye uwo mubyeyi namubabarire ntamuntu ubaho adakosa kuriyi si.Nabyanga ubwo niwe uzaba usigaranye icyaha cyo kudatanga imbabazi
Ariko se ko yanze akaba ari ntamuntu wa mu forca kubabarira uyu mwana. Ubu umuryango agiye kugira nitwe. Ntabandi kuko abandi bahomye amatwi namaso ngo ntibumve imitakiro ye
Ubuzima n'ishuli turiga burimunsi nawe ihangane warize ikosa wakoze ntuzasubira kandi courage uzabona umuntu ugukunda dore urimuto ,ikunde nicyo cyambere ikindi nugushaka uwo mwabana kuko azajya akuganirize kugirango utitindaho ntugatecyereze ibyahise byakubabaje ahubwo Reba imbere niheza uharanire icyaguteza imbere nkuko wahoze....(mana nkweretse umwana wawe umurengere Aho yakoshe umubabarire umuhe amahoro atarayo isi itanga umuhe umunezero umuhe inshuti nziza ,tukweretse na abyeyibe uhindure umutima wabo ubagarurire igikundiro kumwana wabo bamugarukire kandi nawe azababarire ,Yesu mwambike igikundiro cyawe ahanyura hose no mumuryango ,nuko dusenze twizeye Amen)
Thank you all for the kind words and support it really means a lot to me. May God keep blessings upon you and your loved ones ❤️❤️❤️❤️❤️ sending love and peace with prayers comes success🙏
Nyohereza amazina yawe mbone icyo nkora
@@mutra9711 Leila paradis
Don’t cry Leila, all will be alright! Sending love! Ntuzabe ikigwari ngo wiyahure twakugaya! Sibyo se?
Komera,wagize neza kudashakana nuwo muntu wari kuzabyicuza for the rest of your life, turagukunda courage Imana irakuzi
Be strong honey. Nizibika zari amagi, you will be great after this storm. You are not alone, you have our respect ❤
Cyakoze ababyeyi baragwira nukuri papa wae Imana izamusange kuko uracyaru mwana we uko byagendakose kuko nta mubyeyi ukwiye kurakara gucyo sha byambabaje pe gusa komera Bizahinduka nshuti Imana ikube hafi mfite ubushibozi naguha support yo kukuba hafi ark kuva wagezaha birasobanuka
Ariko kweli uyo mu papa ntiyumva ko yoherej umukobwa wiw mu ngeso mbi?Ibaz ngo kuriha inzu ariko ibindi uzimenya🤔🤔🤔😡😡 wihangane mukobwa mwiza Imana iraca inzira!!
Imana ivugire muri vie wawe akubabarire kandi Imbere niheza
Ooooh ma piculi pole sna bibaho mubuzima Sabin kunda cyaneeee
Pole aga chérie bibaho bikagusigir inyigisho uzaha abandi
Ariko izo ngegera zikina n’urukundo koko 😳😳😳
Ntukiyake ubuzima mukobw mwiza urumuvyeyi mwiza ukunda umwana waw knd hari nabadafs abavyeyi babaho neza ww papa waw nubwo yakubabaj akanka kukubabarira ufat umwanya wiyakir wikunde usenge Imana izoguha imbaraga uzovamwo umuntu ukomey famille yaw bazokwifuza nkubonamwo umuntu uciye ubwng uzagera kure
Leila pole sana gusa mur'iyisi ntamuhanga w'akababaro ariko umuhanga ubaho n'uwukomera mujyihe ubona ko bikomeye ! Ariko ufite impamvu yo gukomera kubera umwana wabyaye! Imana igukize igikomere
Pole sana an be strong, things will be fine after this conversation
Chère Leila ntabwo unzi sinkuzi ndi umubyeyi ukuze ariko inkuru yawe irababaje . Inama nakugira uzajye muri centre ikizere bazakuganiriza kandi bagushakire n'umu psychologue nziko Imana izagufasha bikagenda meza. Ndagusabira.
Do not judge yourself in negative way, kubyara birasanzwe. The rest is the management of the issue.
Chr komera ihangane bibaho mubuzima gusa abasore bomuriyiminsi nabo bakanuye amaso urumukobwa mwiza humura
Sister wihangane kandi ugerageze ubabarire so kuko ashobora kuba yarahungabanye kubera imibanire ye na mama wawe nkurikije uko story imize.Humura Imana izakurengera
Tu es jeune, belle, intelligente
Gerageza wibabarire..ushake akazi cg wige utekereze umwana wawe. Komera pe.
Umwana wawe azakubera byose..
papa tutubarire ubabarire ikibondo cyawe.Imana Igukomeze.
Take heart queen 👸🏽
You conquered the difficult part, God is always with you, it is well❤️
Yezu we paradis ndamuzi twarakuranye😭 I didn't know she went through this much😭
You will be fine Paradis 🙏🙏
Ababyeyi b'aba papa nta sentiments bagira chou😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭😭❤️😭😭😭😭😭
Yego niba ntampuhwe abapapa benshi ! Iyo udafite maman wawe ngo akuvuganire biba byarangiye ,ubundi baravuga ngo iyo wanze umugore n'abana mwabyaranye ntabwo uba ukibakunda. Biteye agahinda pe!
@@charlottekarengera2633 aho ntabwo aribyo kuba baratandukanye ntabwo buri gihe aba ari ikibazo cy umugabo
Cyane iyaba ari mama we badigaranye yarikumurwa inyuma ukobyarikubabimeze kose.
Ndebera nkuriya ngo ukuri lmahanga amagambo nyandagazi yanditse hariya....💔💔💔💔💔💔
@@lowkey4507 reka nkosore ho gato kuko ntanubwo tuzi uwo byaturutseho gutandukana kw'ababyeyi be, akenshi biba bigoye ko umubyeyi w'umugabo yita kubana uko bikwiye iyo atakibana na nyina w'abana. Gusa tutitaye ku mubyeyi byaturutseho ngo batane ntabwo abana bakwiye kuba victimes y'ibibazo by'ababyeyi babo ,bagomba gukomeza inshingano zabo za kibyeyi buriwese mubushobozi bwe!
Imana yakuremye Urakura irakuzi cane wowe kuba warasabye imbabazi warazihawe nimana Komera I byiza birimbere
Ubu koko Papa wawe yakubabariye😭😭😭 nanjye musabye imbabazi nanyumve
Papa nakumve nukuri peeee Nyagasani amuvugiremo ahindure umutima wiwe
Ihangane pe ndakumva cyane bibaho pole sana
Paradis pole sana isi niko iteye ntawikunda gusa hari uwanesheje isi utanga amahoro,kandi Imana yatumye utiyahura igufitiye ibyiza,humura bizakunda!
We have the same story dear! Uwiteka akomeze agushoboze
pole sana. cherie humura ubuzima buzahindukq
Pole chr.ihangane bibaho.gusa lmana iri hafi kugutabara kuko iyo urugamba rukomeye ruba rugiye kurangira.
Izi mbabazi abantu bagusabira papa wawe rwose nagire impuhwe
Ihangane mukobwa mwiza kwiyahura siwo muti irerere umwana wisengere Imana niyo ihoza marira
Mukobwa mwiza senga,ukore ,papa azizana
Njye ubukwe bwa pfuye 22h vendredi ibintu byose nabishize kumurongo,ndanga ndishyingira,nicwa ninzara mfite uruhinja,ariķo kubera Imana ariyo mubyeyi mukuru ubu ndatumirwa nkanagishwa inama
So, papa wawe siwe buzima bwawe komera kandi usenge wirere umwana uzaryoherwa nyuma yubusharire
Yooooooo urambabaje disi ihangane isi nuko iteye,papa wawe rwose nakubabarire azagusabe imbabazi na maman wawe niwe wabiteye byose umunsi abasigira so