INZITIZI ZIBUZA KUGERA KU IRIBA RY'IBYISHIMO --- Past. Desire HABYARIMANA

Sdílet
Vložit
  • čas přidán 25. 06. 2024
  • Yohana 4:1-29
    1.
    Nuko Umwami Yesu amenya yuko Abafarisayo bumvise ko yigisha kandi abatiza benshi, arusha Yohana,
    2.
    (icyakora Yesu ubwe si we wabatizaga, ahubwo ni abigishwa be),
    3.
    ni cyo cyatumye ava i Yudaya agasubira i Galilaya,
    4.
    yiyumvamo ko akwiriye kunyura i Samariya.
    5.
    Nuko agera mu mudugudu w’i Samariya witwa Sukara, bugufi bw’igikingi Yakobo yahaye umwana we Yosefu,
    6.
    kandi aho hari iriba rya Yakobo. Nuko Yesu ananijwe n’uko yagenze cyane apfa kwicara kuri iryo riba, hari nk’isaha esheshatu.
    7.
    Umusamariyakazi aza kuvoma, Yesu aramubwira ati “Mpa utuzi two kunywa”,
    8.
    (kuko abigishwa be bari bagiye mu mudugudu kugura ibyo kurya.)
    9.
    Umusamariyakazi aramusubiza ati “Ko uri Umuyuda nkaba Umusamariyakazi, uransaba amazi ute?” Icyatumye abaza atyo ni uko Abayuda banenaga Abasamariya.
    10.
    Yesu aramusubiza ati “Iyaba wari uzi impano y’Imana, ukamenya n’ugusabye amazi uwo ari we, nawe uba umusabye na we akaguha amazi y’ubugingo.”
    Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp
    11.
    Undi ati “Databuja, ko udafite icyo uvomesha n’iriba rikaba ari rirerire, none se ayo mazi y’ubugingo wayakura he?
    12.
    Mbese ye uruta sogokuruza Yakobo wadufukuriye iri riba, kandi akaba yaranywaga amazi yaryo ubwe n’abana be n’amatungo ye?”
    Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp
    13.
    Yesu aramusubiza ati “Umuntu wese unywa aya mazi azongera kugira inyota,
    14.
    ariko unywa amazi nzamuha ntazagira inyota rwose iteka ryose, ahubwo amazi nzamuha azamuhindukiramo isoko y’amazi adudubiza kugeza mu bugingo buhoraho.”
    15.
    Umugore aramubwira ati “Databuja, mpa kuri ayo mazi ntazagira inyota, kandi ntazagaruka kuvoma hano kuko ari kure.”
    Sangira bibliya kuri FacebookSangiza bibliya kuri TwitterSangira bibliya kuri Whatsapp
    16.
    Yesu aramubwira ati “Genda uhamagare umugabo wawe maze ugaruke hano.”
    17.
    Umugore aramusubiza ati “Nta mugabo mfite.” Yesu aramubwira ati “Uvuze ukuri yuko udafite umugabo,
    18.
    kuko wari ufite abagabo batanu, n’uwo ufite ubu si uwawe. Ibyo byo ubivuze ukuri.”
    19.
    Umugore aramubwira ati “Databuja, menye yuko uri umuhanuzi.
    20.
    Ba sogokuruza bacu basengeraga kuri uyu musozi, namwe mukagira ngo i Yerusalemu ni ho hakwiriye gusengerwa.”
    21.
    Yesu aramusubiza ati“Mugore, nyizera. Igihe kizaza, ubwo bazaba batagisengera Data kuri uyu musozi cyangwa i Yerusalemu.
    22.
    Dore mwebweho musenga icyo mutazi, ariko twebwe dusenga ibyo tuzi kuko agakiza kava mu Bayuda.
    23.
    Ariko igihe kiraje ndetse kirasohoye, ubwo abasenga by’ukuri basengera Data mu Mwuka no mu kuri, kuko Data ashaka ko bene abo ari bo bamusenga.
    24.
    Imana ni Umwuka, n’abayisenga bakwiriye kuyisengera mu Mwuka no mu kuri.”
    25.
    Umugore aramubwira ati “Nzi yuko Mesiya azaza, ari we witwa Kristo, kandi ubwo azaza azatubwira byose.”
    26.
    Yesu aramubwira ati “Ni jye tuvugana.”
    27.
    Uwo mwanya abigishwa be baraza batangazwa n’uko avugana n’uwo mugore, ariko ntihagira umubaza ati “Urashaka iki?” Cyangwa ati “Ni iki gitumye uvugana na we?”
    28.
    Nuko uwo mugore asiga ikibindi cye, aragenda ajya mu mudugudu abwira abantu ati
    29.
    “Nimuze murebe umuntu umbwiye ibyo nakoze byose, murebe ahari ko ari Kristo!”

Komentáře • 12